Izuba Rirashe

warning: getimagesize(http://sante.rw/sites/default/files/category_pictures/izuba.rirashe.jpg) [function.getimagesize]: failed to open stream: HTTP request failed! HTTP/1.1 403 Forbidden in /home/sante/public_html/sites/default/modules/taxonomy_image/taxonomy_image.module on line 267.

Ububiko bw’amafunguro bushobora kugira uruhare mu guhindura imikorere y’umubiri

Ni ngombwa kwitondera cyane amafunguro abikwa mu bikopo (Ifoto/Niyonsenga)

Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha umushakashatsi ku mirire mu gihugu cy’Ubufaransa,   Mathieu Merull avuga ko amafunguro ari ibintu fatizo umubiri ukuramo byinshi kugira ngo ushobore kurushaho gukora neza.

Ugusa neza kw’uruhu bishobora gukomoka ku mafunguro

Izuba Rirashe
Inyanya zibonekamo vitamin A igira uruhare mu gutuma uruhu rusa neza (Ifoto/Niyo

Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha agashami k’imirire muri Kaminuza ya Tel-Aviv yo mu gihugu cya Israheli ku Mugabane wa Aziya, avuga ko burya amafunguro agira uruhare rukomeye mu gusa neza k’uruhu, mu kugira itoto cyangwa n’uburyo umuntu ashobora kugaragara muri rusange.

Ibinyamavuta bigereranyije ni ingenzi mu buzima bwa buri munsi ku mwana

Izuba Rirashe
Amashaza abonekamo omega 3 (Ifoto/Niyonsenga)

Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha umushakashatsi w’Umufaransa, Amanda Ursell mu gitabo yise “tout savoir sur les aliments”,  avuga ko umubiri w’abana bato uba  ukeneye ibitera ingufu byinshi mu mafunguro kugira ngo babashe gukura vuba, cyane cyane babonye amafunguro abonekamo ibyanyamavuta.

Kudakurikiranya neza imiti iboneza urubyaro bigira ingaruka - Dr Rushanika

Izuba Rirashe
Umujyanama w’ubuzima, Muhirwa Théogène, (Ifoto/F. Mukankubito)

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) risobanura ko kuboneza urubyaro ari inshingano y’abantu ku giti cyabo cyangwa umugabo n’umugore bahitamo nta gahato umubare w’abana bazabyara, n’igihe bagomba kubabyarira.

Abagore b’i Musenyi basobanuriwe ibibi by’inzoga ku muntu utwite

Izuba Rirashe
Kunywa inzoga ku mugore utwite bigwa nabi umwana uri mu nda(foto:Internet)

Abagore bipimishiriza ku kigo nderabuzima cya Musenyi mu Karere ka Bugesera basobanuriwe ibibi by’inzoga ku mugore utwite, cyane cyane bibanda ku nzoga y’urwagwa kuko ari yo iboneka cyane muri ako gace kubera kandi  ari yo bamwe mu bagore baho bakunze kurarikira igihe batwite.

Ibishyimbo by’umuhondo bikorwamo umutsima

Izuba Rirashe
Ibishyimbo bishobora gukurwamo ibindi biribwa(Foto/Interinete)

Ibishyimbo abantu bamenyereye kubirya babitetse uko bimeze, ariko ubu iby’umuhondo bisigaye bikorwamo ibintu bitandukanye ndetse bakabiryamo n’umutsima.

Umuti witwa Efavirenz ntuhabwa umugore ugisama

Izuba Rirashe
Efavirenz ni mbi ku mugore utwite(Foto/Interineti)

Umuti witwa “Efavirenz” ntuhabwa umuntu ubana n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida mu rwego rwo kugabanya ubukana, ugira ingaruka ku mugore umaze amezi arimunsi y’atatu  asamye.

Kwibanda ku mafunguro y’ibinyamavuta ni ukwiyicira ubuzima

Izuba Rirashe
Amafunguro nk’aya abonekamo ibinure byinshi yangiza ubuzima (Ifoto/Niyonsenga)

Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha umushakashatsi Jo Clarkson mu gitabo yise” Popular restaurant recipe” avuga ko kwibanda ku gufata amafunguro yuzuyemo amavuta ari ukwangiza ubuzima mu buryo buhoraho kuko akenshi birangiza biteye umubyibuho ukabije bikanongerera umuntu ibyago byo gufatwa n’ibirwara bitandukanye.

Nzitonda yatanze ubuhamya bw’uko yakize indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B na C

Izuba Rirashe
Nzitonda Frida wakize indwara y’umwijima (Ifoto- E.Musanabera)

Indwara y’umwijima yo mu bwoko bwa B na C ntabwo ivurwa ngo ikire ariko hari bamwe banyweye imiti basanga barakize bahitamwo gutangata ubuhamya bw’uko ivurwa igakira.

Agakingirizo karinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Izuba Rirashe
Agakingirizo ni uburyo bwo kwirinda (Foto/Arishive)

Nk’uko bitangazwa n'ikigo gishinzwe kurwanya Sida mu Rwanda CNLS, ubushakashatsi butandukanye bwagiye bugaragaza uruhare rukomeye rw'agakingirizo mu kwirinda Sida n'izindi ndwara zandurira mu myanya ndangagitsina.