Umugabo n'umugore ku byerekeye SIDA

1 Réponse [Dernière contribution]
L'utilisateur est Offline. Vue la dernière fois à 33 semaines 4 jours. offline
Inscription: 03/17/2010

Ese ko bamwe bavuga ko basanze umugore cyangwa umugabo yaranduye badashobora gukomeza kubana nabo, ngo kuko nta kindi baba bagipfana. Niba ntacyo baba bagipfana se ni iki umuntu yavuga ko apfana n'umugore we? Ibyo ari byobyose ntibapfana kubyara gusa.

Inscription: 03/17/2010
Byaterwa n'uko n'ubundi

Byaterwa n'uko n'ubundi basanzwe babanye. Ese amasezerano ya bo ni ukubana akaramata, haba mu byiza no mu makuba? Baramutse umwe yaranduye agakoko gatera SIDA, bakwiye gushaka uburyo bakomeza kubana, uwanduye akirinda kwanduza umuzima, utarandura na we akagerageza kwita ku wanduye kuko inshuti igaragara aho rukomeye. Reka ndeke n'abandi bagire icyo babivugaho. Thanks