Ubuzima mu Muryango / Santé et Société

  • warning: getimagesize(http://sante.rw/sites/default/files/category_pictures/izuba.rirashe.jpg) [function.getimagesize]: failed to open stream: HTTP request failed! HTTP/1.1 403 Forbidden in /home/sante/public_html/sites/default/modules/taxonomy_image/taxonomy_image.module on line 267.
  • warning: getimagesize(http://sante.rw/sites/default/files/category_pictures/Imvaho.logo_.png) [function.getimagesize]: failed to open stream: HTTP request failed! HTTP/1.1 403 Forbidden in /home/sante/public_html/sites/default/modules/taxonomy_image/taxonomy_image.module on line 267.

Kudakurikiranya neza imiti iboneza urubyaro bigira ingaruka - Dr Rushanika

Umujyanama w’ubuzima, Muhirwa Théogène, (Ifoto/F. Mukankubito)

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) risobanura ko kuboneza urubyaro ari inshingano y’abantu ku giti cyabo cyangwa umugabo n’umugore bahitamo nta gahato umubare w’abana bazabyara, n’igihe bagomba kubabyarira.

Gufuruta bishobora kwirindwa

Gufuruta biterwa nabyinshi ariko byakwirindwa (foto inerineti)

Gufuruta ni  ikimenyetso  cyerekana ko hari  icyo umubiri  utishimiye. Gufuruta bishobora kubabaza rimwe na rimwe bikerekanwa no kubyimba k’uruhu bikaba byanageza naho uruhu  rwokerwa,  rugahindura ibara, hakabaho no guhinda  nk’ubushye kanumuriro no  kababara cyane.  Ukubyimba k’umubiri kwibanda cyane ku bice ku munwa, ku muhogo, mu maso cyane cyane ahagana ku bitsike no  ku matama. Nanone, gufuruta bishobora no gufata   no ku myanya ndangagitsina.

Ubuzima bwiza bwo mu mutwe burategurwa kuva mu bwana

Imvaho Nshya

Ikigo EISEF, bivuga "Espace Interdisciplinaire de Santé mentale et Education Familiales" mu kinyarwanda bisobanuye, gifite mu nshingano  ubuzima bwo mu mutwe, uburere  no kugira inama ingo ngo zirusheho gukomera. Icyo kigo  cyatangijwe na Dr Iyakaremye Silas, impuguke mu birebana n’imitekerereze n’ubuhanga mu burezi (Psychologie et Science de l’Education), by’umwihariko akaba  n’inzobere mu myubakire y’ingo mu muryango no kugira inama ingo (Science de la famille et sexualité).

Nzitonda yatanze ubuhamya bw’uko yakize indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa B na C

Izuba Rirashe
Nzitonda Frida wakize indwara y’umwijima (Ifoto- E.Musanabera)

Indwara y’umwijima yo mu bwoko bwa B na C ntabwo ivurwa ngo ikire ariko hari bamwe banyweye imiti basanga barakize bahitamwo gutangata ubuhamya bw’uko ivurwa igakira.

Nyaruguru: Uburyo mituweli yishyuzwamo ntibusanzwe

Imvaho Nshya

Mu karere ka Nyaruguru, umuturage ugenda atitwaje ikarita yaguriyeho ubwisungane mu kwivuza nk’uko kera bitwazaga ibarati y’umusoro w’umubiri ntiyemerewe kugenda mu muhanda, kurema isoko, kugira icyo abaza mu nzego z’ubuyobozi bitewe nuko iyo ahuye n’abashinzwe umutekano (polisi na lokodifensi) cyangwa abayobozi b’inzego z’ibanze bamufata akarekurwa ari uko atanze ayo mafaranga.

Ivugurura rya Mituweli riziye igihe

Imvaho Nshya

Serivisi zihabwa abayivurizaho zizitabweho

N’ubwo hari abatangiye kutabyishimira, Ubwishingizi bw’indwara bwa mituweli  byari bikwiye ko buvugururwa urebye uburyo ababwivuririzaho bahabwa serivisi zitari nziza.

Uburyo bwatuma umuntu areka itabi

Imvaho Nshya

Nk’uko tubikesha umuryango mpuzamahanga wo kurwanya ububi bw’itabi, muri uyu mwaka wa 2011 umuntu ushaka kureka itabi, hari inama  10 asabwa kubahiriza zikabimufashamo.

Kigali: 31 bavutse kuri Noheli

Imvaho Nshya

Mu ijoro ry’umunsi mukuru wa Noheri kugeza mu gitondo, Imvaho Nshya yanyarukiye hirya no hino  mu bitaro byo mu mujyi wa Kigali,  isanga hari ababyeyi babyaye ku uri uwo munsi wa Noheri, aho  buri wese afite uko yakiriye kubyara kuri Noheli. Nko mu bitaro bya CHUK yasanze harimo ababyeyi 2 babyaye, ku bitaro bya Muhima ihasanga 13, Kanombe 4 naho ku bitaro bya Kibagabaga habyaye abagore 12.

Indwara y’amaso ikira vuba iyo umwana avujwe

Izuba Rirashe
Ni byiza kuvuza umwana indwara y’amaso akiri muto (Foto/ Arishive)

Iyo umwana avukanye indwa y’amaso, umubyeyi akwiye kwihutira kubibwira umuganga mu gihe abona afite icyo kibazo agatangira kuyavurwa nyina akiri ku kiriri.

Imiti ntisangirwa

Izuba Rirashe
Iyo umurwayi agiye kwa muganga ahabwa imiti ijyanye n’indwara ye (Foto/ Arishive

Iyo umurwayi agiye kwa muganga aramusuzuma akamenya uburwayi bwe uko bwifashe bityo akamugenera imiti ijyanye na bwo, akaba nta we aba yemerewe kuyisangira na we.