Nk’uko tubikesha umuryango mpuzamahanga wo kurwanya ububi bw’itabi, muri uyu mwaka wa 2011 umuntu ushaka kureka itabi, hari inama 10 asabwa kubahiriza zikabimufashamo.
Iya mbere ni ugufata icyemezo ndakuka cyo kurireka, akiyemeza ko ariretse, kandi agatekereza ku mafaranga menshi atagaguza agura itabi, uko ryangiza umubiri we n’abandi yuka imyotsi batarinywa. Ikindi ni ukugena itariki ntarengwa yo guhagarika kunywa itabi kandi ukagereranya ubuzima bwa nyuma yo guhagarika itabi na mbere ukirinywa. Iya gatatu ni ukubimenyesha abo mu bana, abaturanyi n’inshuti kugira ngo nibabona hari icyahindutse cyangwa kidasanzwe mu myitwarire yawe bamenye impamvu, bo ku kwibazaho cyane, kuko bishobora gutuma wongera kurisubiraho kubera bo.
Inama ya kane ni ukudasubira inyuma, ukareka burundu koko itabi, ukivanamo uzajya unywa ricye buhoro buhoro ukazahagarika. Icyiza ni ukurizinukwa, ukivanamo ibyo witaga ibyiza n’uburyohe bwaryo. Inama ya gatanu ni ukwirinda ibishuko cyangwa ibintu bishobora gutuma ukumbura itabi nko kubona amapaki yashizemo itabi anyanyagiye ahantu, kwirinda kureba mu gakoresho kagenewe umwotsi w’itabi, kureba ibibiriti bicana itabi (briquets) n’ibindi byose bishobora gutuma wakwibuka itabi. Inama ya gatandatu ku muntu ushaka kureka itabi ni ugutegura umutimanama we, akazirikana ku byiza byo kureka itabi, agakomera ku cyemezo yafashe, nta tume agatima ke karehareha ( gukumbura ikintu cyane ). Agirwa inama ya karindwi yo kwima amatwi ibimuvugwaho, nko kubwira ko azamerwa nabi, atazasinzira mbega ko hari ibintu bibi bizamubaho, kuko yaretse itabi. Ni ukuvuga ko wowe wafashe iki cyemezo ugomba kumva ko ari ibisanzwe, ugahumeka neza nk’ibisanzwe.
Ni byiza kandi kwirinda kubyibuha cyane nyuma yo kureka itabi, bikaba bisaba kwigenzura kenshi, kuko kureka itabi bituma umuntu agira apeti, akarya byinshi byaviramo umuntu kongera ibiro, kubyibuha. Kuri iyi ngingo, umuntu uretse itabi agirwa inama yo kugenzura neza imirire ye, kuko ituma umunaniro wo mu mutwe, ukunda kugirwa n’abanywa itabi (fatigue nerveuse ), uwo munaniro ushira iyo bariretse, maze uko bakomeza kugira ubushake bwo kurya bikagabanya ubushake bwo kunywa itabi kugeza ubwo gushaka itabi bishira burundu. Abashaka kureka itabi bagerageze izi nama bazarebe.
Kapiteni Alexis





Commentaires récents
il y a 2 an 2 jours
il y a 2 an 2 jours