Nk’uko bitangazwa n'ikigo gishinzwe kurwanya Sida mu Rwanda CNLS, ubushakashatsi butandukanye bwagiye bugaragaza uruhare rukomeye rw'agakingirizo mu kwirinda Sida n'izindi ndwara zandurira mu myanya ndangagitsina.
Raporo y'ikigo gishinzwe ubuzima muri Amerika yo muri 2000, igaragaza ko agakingirizo gakoreshejwe neza kagabanya ibyago byo kwandura Sida ku kigereranyo cya 85%.
Umuryango w'abibumbye ushinzwe ubuzima (OMS) nawo ukaba warashimangiye iyo raporo, aho bagaragaza ko agakingirizo k'abagabo gakoreshejwe neza kagabanya ibyago byo kwandura Sida biri hagati ya 80 na 90%.
Uruhare kandi rw'agakingirizo mu kuboneza urubyaro,ubushakashatsi buheruka gukorwa ku mibereho myiza n'ubuzima mu Rwanda (EDPRS) mu mwaka wa 2007-2008, bwerekanye ko umubare w’abitabira kuringaniza imbyaro ugeze kuri 27,4% ku bagore babana n'abagabo bashakanye.
Ubwo bushakashatsi kandi bwagaragaje ko agakingirizo gakoreshwa ku kigereranyo cya 1, 9% mu gihe ubundi buryo bwo kuringaniza urubyaro bukoreshwa ku kigereranyo cya 25, 5%.
Banagaragaje kandi ko ubwitabire bwo gukoresha agakingirizo bukiri hasi ugereranije n'ubundi buryo bwo kuringaniza imbyaro.
Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyavuganye na Gakunzi Sebaziga,wavuze mu mwanya w’umuyobozi wa CNLS, agitangariza ko ubwo bushakashatsi bwemewe, ariko bukaba bwarakozwe mu myaka yashize cyane ko icyo kigo gifte inshingano zo kurwanya Sida gikora ubushakashatsi nyuma y’imyaka 5, aha akaba yaratangaje ko kuva muri Mutarama 2011 hagiye kwongera gukorwa ubundi bushakashatsi, bakaba biteguye impinduka muri iyi mibare cyane ko iyo barebye basanga imyumvire y’Abanyarwanda ku ikoreshwa ry’agakingirizo no kuringaniza imbyaro bigenda bigerwaho
Umutesi Cécile





Commentaires récents
il y a 2 an 2 jours
il y a 2 an 2 jours